Amakuru

Nyarugenge : Bamwe mu bacuruzi kwakira neza abakiriya babigize umwuga

Bamwe mu baturage bacuruza kandi  bakorera mu bice bitandukanye by’umugi wa Kigali bazwi  bazenguruka bacuruza  ibintu bitandukanye ariko  iby’ibyitwa amarido  (Rideaux) yo gutaka amazu  n’ibijyanye nayo  usanga abenshi batazi aho bibabarizwa kuko bigomba kubarizwa mu maduka acuruza mu buryo bwemewe kandi atanga imisoro.

map nyarugenge

Murangira Gérard, ucuruza amarido n’ibigenda nayo byose, mu iduka rizwi nka Curtains Shop, riherereye ku iduka riteganye n’isoko rya Kijyambere  Nyarugenge city Market  avuga ko  asanga  nta bundi bucuruzi yakora butari ubwo,  kuko abimenyereye.

Abaturage bavuga  abacuruza muri duce titwaruye umugi   bazenguruka mu duce tunyuranye nabo bakabura aho bagurira amarido meza bikaba ngombwa ko bajya muri curtains shop kwa Murangira bagasanga afite amariedo meza hakiyongeraho no kubakira neza.

 

Murangira Gérard, avuga ko  bamaze igihe kinini muri ubu bucuruzi  kandi ko adashobora kureka ubu bucuruzi kuko bwamufashije kugera heza kandi bukaba bujyanye n’iterambere mu kuba heza.

Ati ;’’ twebwe dukora ubu bucuruzi kuko tuba dufite igishoro kiringaniye  kigatuma tubasha kwiyishyurira aho ducururiza kandi tukagira icyo tugeraho mu miryango giteza imbare imiryango yacu.

Ati, niyo mpamvu twahisemo ubu bucuruzi kuko ibyo ducuruza birunguka  birnganiye kandi icyo dukundira ubu bucuruzi nuko imari tuzanye uwo munsi ishobora guhita  mu gihe kitarambiranye  ejo ugasbirayo ukazana indi gutyo gutyo ku buryo ayawe y’inyungu uyabara buri uko wacuruje.”

 

 

 

Akomeza avuga ko abantu batandukanye  bamaze kumenyera ko  amarido yo mu iduka aba ari meza afite isuku n’isura nziza ku buryo abageze mu nzu arimo babona ari meza, gutyo akaba abatoranyirinyiriza amabara meza gusa kandi ntibibe ngombwa ko bafata umwanya  wo kuzenguruka   mu maduka bashakisha amabara  bahitamo kuko aba ayafite  bigatuma abakiriya baboneka kandi bakishima, kuko bituma bafata neza inzu batuyemo.

Nubwo ubucuruzi bwe kugeza ubu bugenda,Murangira Gerard,  avuga ko afite inzozi z’uko nibura umunsi umwe azagera igihe akikorera imyenda  amarido ku giti cye aho kujya kuyarangura mu mahanga.

Agira ati, “Maze kugira ubunararibonye, nzi ibyo abakiriya banjye baba bashaka kandi, igishoro gikomeje kwiyongera, cyangwa nkabona umuterankunga nashaka abo dufatanya  , nkazana ibitambaro hanze y’u Rwanda , tugatangira kuyakorera inaha.

Akomeza avuga ko umuntu wese utarazamuka cyangwa urangije amashuri , aho kwicara, yashaka uko atangirira ku bintu biciriritse. Akazi bita akabi kaguhesha akeza. Nubwo wakwihangana ugafata enveloppes izi bapfunyikamo, dore zirangura makeya, cyangwa ibindi bintu birangura make, igishoro icyo aricyo cyose,  utangije ugakorana ubushake n’umuhati, ugera ku ntego nziza.

Yongeraho ko ubuhamya bw’ibyo yanyuzemo byafasha urubyiruko kubona ko batagomba gutegereza kubona amafaranga menshi ngo babone gutangira kwikorera cyangwa kwihangira umurimo. Kubwe ngo ikiba kigoye ni ugufata icyemezo cyo’gutangira’, ubundi bakirinda kumva ko hari uzabaseka igihe bazaba bakora akazi bo bita gasusuguritse kuko ngo igisuzuguro kibi ni ugusaba ababyeyi amafaranga y’ibyo ukeneye byose kandi uri umuntu mukuru.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM