Amakuru

Dove Hotel y’ Itorero ADEPR yafunguwe ku mugaragaro

Tariki 4 Gashyantare 2017, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Murekezi Anastse,   yafunguye ku mugaragaro Dove Hotel y’itorero rya ADEPR,  aboneraho agira inama abakirisito   uko bakwiye kwitwara.

Uyu muhango  witabiriwe n’abayobozi bakuru b’igihugu mu nzego zitandukanye, abanyamadini, abikorera n’abayoboke ba ADEPR bari baturutse hirya no hino mu gihugu bahagarariye abandi. Umushyitsi mukuru yari Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase   waje ahagarariye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Dove Hotel

Dove Hotel

Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, yashimye abitanze kugirango iki gikorwa kirangire, anagaragaza ko ari umusanzu batanze mu kubaka no guteza imbere igihugu.

Ati, “Ndashima abakirisitu ba ADEPR ku bw’iki gikorwa gikomeye mugezeho, bisobanura ko gusenga bigomba kujyana no gukora, iyi Hotel Dove iradufasha muri gahunda y’u Rwanda yo kongera ubukerarugendo, ndetse na serivisi nziza . Iyi Dove Hotel izaha abanya Rwanda benshi akazi kazabafasha guteza imbere imibereho yabo n’ababo. Leta y’u Rwanda irabashimira cyane ko muri abafatanyabikorwa beza muri gahunda zayo zitandukanye.”

Minisitiri w’Intebe  yahamagariye abayoboke ba ADEPR kunga ubumwe no gukemura neza ibibazo bashobora kugirana, bakabikemura neza nk’abakirisitu kugirango n’iki gikorwa kizarusheho kubagirira akamaro.

murekezi

Minisitiri w’Intebe, afungura Dove Hotel

Akomeza avuga ko icyo igihugu kibifuzaho ari ugukorera hamwe nk’uko  babisanganywe, ariko nihagira ikitagenda bazicare  muri gacaca biyambaze umwuka wera ubabamo kugira ngo iyi Dove Hotel izarusheho kubagirira akamaro ndetse n’Itorero ryabo. Ati, “muzahore muharanira kuba umwe. Nimugira ibyo mutumvikanaho, mujye mwicarana, mubiganireho maze mubikemure nk’Abakirisitu.”

Dove hotgel 2

Amacumbi

Kayitesi Carine

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM