Amakuru

Gatsibo : Minaloc yakoze ubugenzuzi bw’ imihigo y’Akarere aho igeze yeswa.

Imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari ya 2016-2017 y’Akarere ka Gatsibo ubu igeze mu gihembwe cya 3 ishyirwa mu bikorwa dore ko igomba kuba yesejwe bitarenze ukwezi kwa gatandatu 2017.

map gatsibo

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana  Richard ,avuga ko mu izina ry’abaturage b’Akarere ka Gatsibo yasinyanye imihigo 61 na Prezida wa Repubulika y’u Rwanda iri mu nkingi y’ubukungu,imibereho myiza, imiyoborere myiza n’ubutabera.

Ni muri urwo rwego kuri uyu wa kabiri taliki ya 21 Gashyantare 2017,Umuyobozi mukuru muri minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC) ushinzwe ubugenzuzi bw’inzego z’ibanze Ingabire  Assumpta ari kumwe n’itsinda ayoboye bakoreye ubugenzuzi bw’iminsi 2 Akarere ka Gatsibo ku mihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2016/2017 bagamije kurebera hamwe aho Akarere kageze kayesa,ubu bugenzuzi buzafasha Akarere kumenya uko imihigo ihagaze muri iki gihe kugirango hongerwe imbaraga aho zitari.

Ingabire  Assumpta, yabwiye abitabiriye igikorwa cyo kugenzura imihigo ko ubugenzuzi bukorwa mu bice 2 birimo kureba mu mpapuro no kujya kureba ibikorwa aho biri mu mirenge igize Akarere.

meya gatsibo

Gasana Richard, Meya wa Gatsibo

Mu izina ry’abakozi b’Akarere ka Gatsibo, Umuyobozi w’igenamigambi mu karere Mugiraneza  David , avuga  ko ubu bugenzuzi bwababereye ingirakamaro kandi avuga ko imihigo yagaragaye ko ikiri hasi igiye gushyirwaho imbaraga nyinshi kugira ngo yeswe kandi ku gihe.

Kagaba Emmanuel

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM