Amakuru

Umuryango HDI watanze ibihembo ku banyamakuru  banditse ku nkuru z’imyororokere

Umuryango  nyarwanda ugamije guteza imbere ubuzima(HDI- Health Development Initiative,) watanze ibihembo ku banyamakuru bahize abandi mu gutara no gutangaza inkuru zirebana n’ubuzima bw’imyororokere, uko abanyamakuru bose bagiye mu irushanwa ari 15 bose bahawe seretifika(certificats) havamo batatu begukanye ibihembo bitandukanye.

dr kagaba

Dr Kagaba Aplodis, Umuyobozi wa HDI

Umuyobozi w’uyu muryango, Kagaba Aplodis, avuga bateguye aya marushanwa  bagamije  kugirango barusheho gushaka uburyo uyu muryango warushaho gukorana bya hafi n’itangazamakuru.

Agira ati, ”twateguye iki  gikorwa kugirango turebe uko twarushaho gukorana n’itangazamakuru tureba uburyo  abanyamakuru barushaho gutanga amakuru ku buzima bw’imyororokere haba  kuri radio , mu nkuru zanditse cyangwa mu nkuru zishushanyije”.

Akomeza avuga ko kandi ariyo mpamvu bahisemo gushimira abanyamakuru bagaragaje ubushake bwo kwandika cyangwa bayoboye ibiganiro bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere kugirango barusheho gukangurirwa kwandika no gutangaza amakuru arebana n’ubuzima bw’imyororokere bigatuma abantu bose bayakeneye barushaho kuyamenya no kuyasobanukirwa mu buryo buboroheye.

Umwe mu banyamakuru  wahawe igihembo, Muvara Eric,  avuga ko  we impamvu  abona inkuru ye ariyo  yaje ku mwanya wa mbere bigatuma yegukana igihembo ari uko yakoze inkuru irebana n’abana b’abakobwa batwara inda batarageza ku myaka y’ubukure.

Ibihembo byatanzwe ku bahize abandi, umunyamakuru waje ku mwanya wa gatatu ni Peter Muyombano akorera  Radio Flash Fm wahawe cheque ingana n’amafaranga 500.000 Frw, uwa kabiri  ni Carine Umutoni ukorera RBA wahawe cheque ingana na 600.000 Frw,  naho uwaje ku mwanya wa mbere  ni Muvara Eric ukorera Kigalitoday.com akaba yahawe cheque ingana n’amafaranga ibihumbi Magana inani (800.000 Frw).

hdi

Abahawe ibihembo

Zimwe  mu nzitizi abanyamakuru bahura nazo mu gutara no gutangaza amakuru arebana n’ubuzima bw’imyororokere n’uko usanga abanyarwanda bagifite isoni zo kuvuga ibintu uko biri bakagenda baca amarenga, abanyamakuru  bakaba bifuza ko  abantu bo mu nzego zitandukanye harimo abaganga etc.. U

Umuryango HDI( Health Development Initiative( HDI) ukora  ubukangurambaga n’amahugurwa atandukanye  mu nzego z’ibanze akangurira abanyarwanda kuva mu myumvire ya cyera kugirango barusheho kujijuka bajye bavuga ibintu(ibice by’umubiri) uko bikwiye.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM