Amakuru

Rusenge: Barishimira inka bahawe na Perezida wa Repubulika

Abaturage bo mu murenge wa Rusenge,Akarere ka Nyaruguru, barishimira inka bahawe na Perezida wa Repubulika kuko zigiye kubafasha  kwikura mu bukene.

Ibi ni bimwe mu byo abaturage batangarije itangazamakuru nyuma y’umuhango wo kubashyikiriza inka 30  zatanzwe n’Akarere muri gahunda ya Girinka Munyarwanda yatangijwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Abaturage bavuga ko izi nka bahawe zigiye kubateza imbere kubera ko bazabona ifumbire, amata, ndetse bakabasha no kubona amafranga .

inka

Inka iteza imbere uyihawe

Umwe mu baturage ati,” Nta nka nigeze ntunga mu buzima bwange ariko ubu urabona ko  Paul Kagame ampaye  inka, Hehe n’ubukene, hehe n’ubworo. Ubu ngiye kujya mbona ifumbire mbashe kongera umusaruro ,ubusanzwe ntabwo byari binyoroheye kubona ifumbire ari nayo mpamvu ntabonaga umusaruro.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu,Bisizi Antoine, asaba abahawe inka kuzifata neza kugirango zizabagirire akamaro ndetse baniture bagenzi babo bataragerwaho n’iyi gahunda.

Aragira ati,” Izi nka muzihawe kubera ubuyobozi bwiza bw’igihugu cyacu murasabwa kuzifata neza, mukajya muzuhagira, mbese mukazifata nk’abana banyu. Ntizikicwe n’inzara kandi  mugomba gukorana na muganga w’amatungo umunsi kuwundi kugira ngo ubuzima bwazo bukurikiranirwe hafi,”

Akomeza  asaba abaturage kuzirikana uwabagabiye nabo bakagabira bagenzi babo binyuze muri gahunda yo kwitura kuko kwitura neza Perezida wa repubulika , ni ugufata iyi nka neza ukayibyaza umusaruro  bityo ugatera imbere ndetse ukazitura na mugenzi wawe. Izi nka mwahawe  zigomba kubafasha kuva mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe mukajya mu cya kabiri, icya gatatu , mbese mukaba abakungu mukiteza imbere.

Mu karere ka Nyaruguru, habarurwa inka zisaga ibihumbi 45 harimo ibihumbi bisaga 11 byatanzwe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda hagamijwe gufasha abaturage  kwiteza imbere.

Mu rwego rwo gukusanya umusaruro no kwita ku bikomoka ku matungo, mu karere ka Nyaruguru hari ikusanyirizo ry’amata aho aborozi bagemura amata, agatunganywa mbere yo gucuruzwa.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM