Amakuru

Nyabugogo : Munyurangabo Jacob yafungiwe inyubako arengana

Mu murenge wa Kimisgara, Agace ka Nyabugogo,Umugabo Munyurangabo Jacob usanzwe ahafite inzu y’ubucuruzi yafungiwe inzu ku karengane. Ibyo byabaya mu gihe igihugu cyacu  tariki ya  17 gashyantare 2017 yafunzwe  n’ubuyobozi bw’umurenge wa Kimisagara, azira ko ngo  hari amazi yangiriza abo baturanye kandi mu by’ukuri arengana, kuko ayo mazi bavugaga akomoka muri mont Kigali.

map nyarugenge

Ibyo bamwe mu baje gufunga iyo nyubako barangajwe imbere n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’uwo murenge Ruzima Serge, bavuga ko  bigaragara ko mbere yo gufata icyo cyemezo

Bamwe mu baturage bavuga ko  amazi yavuye  ku nyubako ya Munyurangabo yaba yaramwangirije ferabeto. Ikigaragara ngo  gusa ni uko izo nzego  zasanze arengana, maze zifata umwanzuro wo kumurenganura, kuko bategetse ko iyo nyubako . ifungurwa nta yandi mananiza. Ibyo byahise byubahirizwa kuko hahise hafungurwa.

Murangwa yohani Bosiko , usanzwe ashinzwe isuku mu Murenge wa kimisagara, byumwihariko akaba azwiho gusigariraho  ba Gitifu b’ubutagari  ahatari  abashinzwe iterambere n’ubukungu, kuwa 24 Gashyantare 2017 yaguye mu mutego  bimuviramo gufungwa.

Urubuga nkoranyambaga gasabo.net dukesha iyi nkuru ruvuga ko ngo Murangwa  yakomeje kwinyuza hafi aho  amwaka akantu (ruswa) byageze igihe uyu Murangwa yohani Bosiko asaba Musitafa ruswa ingana n’ibihumbi magana atatu ( 300.000 frw) kugira ngo atamufungira, hanyuma muysatafa  asanga nta mpamvu yo kuyamuha, nibwo afashe inzira yiyemeza kuyatanga amaze yiyemeza kubwira inzego zishinzwe umutekanl   kurwanya akarengane Amafaranga  Ngo yarafotowe arafotowe, maze basaba Musitafa guhamagara Murangwa ngo aze kuyafata, Musitafa akimuhamagara uyu Murangwa yamubwiye ko bahurira hafi y’umurenge wa Kimisagara akamuha  izo noti.

Murangwa Yohani ari mu maboko ya Polisi, yahise atabwa muri yombi ubu akaba ategereje kugezwa imbere y’ubucamanza.

Abaturage bavuga ko hakwiye gutegurwa ubukangurambaga  abantu bakongera gusobanurirwa ububi, bwo gusaba, gutanga no kwakira ruswa kuko hari benshi hari ababyirengagiza ko ruswa iri imwe mu ntwaro zikomeye zisenya iterambere ry’abanyarwanada .  Ubutaha tuzabagezaho ibyemezo by’urukiko.

Umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM