Amakuru

Ngororero/Bwira : Bakeneshejwe no kutishyurwa ku gihe amafaranga bakoreye muri VUP

Umurenge wa Bwira ni umwe mu mirenge 13 igize Akarere ka Ngororero, utuwe n’abaturage 17.418  batuye mu ngo 4.800, uri ku birometero 27 uvuye  ku Biro by’Akarere ka Ngororero, ukaba ari Umurenge ugizwe n’imisozi ihanamye, imiterere y’uyu  Murenge ikaba ituma kuhagenda bigorana.

Abo baturage bahamya ko bafitiwe umwenda w’amezi abiri abandi bakavuga atatu bitewe n’igihe bamaze bakora. Nyamara  mu masezerano bafitanye n’umukoresha wabo yo yerekana ko bagombaga kujya bahembwa buri byumweru bibiri.

Mukantwali Lidivine, atuye mu Kagari ka Bunbwe,  agira ati, “byatumye ntabasha gukemura ibibazo  mfite  kandi mu by’ukuri sinabona  ahandi nkura amafaranga kuko aho nari nyiteze ari muri ako kazi.”

Mwumvaneza Alfred, Ushinzwe irengamimerere mu murenge wa Bwira 

Akomeza avuga ko  kubona akazi byari byamubereye  nk’amahirwe kuko yari abonye aho akura amaramuko ariko kudahemberwa igihe bigatuma imibereho ye igorana.

Umuturanyi we Semugaza Dawudi, wo Kagali ka Kabarondo, agira ati, “akazi muri VUP karangobotse mbasha  gukemura bimwe mu bibazo by’umuryango ariko ubu  nasubiye  inyuma  kubera kudahembwa ku gihe  ku buryo byaduteje ubukene n’inzara kandi dukora muri VUP buri munsi .”

Akomeza avuga ko uretse n’ibyo,bitazatuma  ashobora  kohereza abana be  ku mashuri kuko nta handi yakura  amafaranga kandi agomba kugura  ibikoresho by’ishuri   n’ibindi bakeneye ubwo bikazatuma bicara mu rugo.

Abaturage bo mu Murenge wa Bwira barakeye

Udahemuka Stanislas na Kampundu Jacqueline, bashimangira bavuga ko kudahembwa bituma bagira  ubukene mu miryango yabo nyamara  umwanya  bagomba gukoresha bahinga ibizabatunga bawukoresheje mu mirimo ya VUP.

Umwe agira ati, “ Jyewe mfitemo ibihumbi 72, ndakennye  rwose kandi nta n’ijana barampa,buri gihe batubwira ko  bari hafi kuyaduha none  twarategereje turaheba  sindabasha  gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza, kubera ko nabuze ubushobozi ariko ubuyobozi butwizeza ko igihe tutarahembwa ntawe uzahutazwa.kuko atatanze umusanzu wa mituweli kugeza igihe tuzahemberwa.”

Ariko  Kabalisa Ildebrand, nawe utuye mu kagali ka  Kabarondo,  agira ati, “maze kubona ko imibyizi ibaye  myinshi ntahembwa, nabaye mpagaritse imirimo kugirango mbanze mpemberwe  aho nakoze  nkaba ntegereje uko bizagenda.

Ubuyobozi ntibubihakana

Nabalinda Théogène, ushinzwe ubuhinzi mu Murenge wa Bwiza, avuga ko amakipe yakoze mbere yatangiye guhembwa n’andi akaba azahita akurikiraho.

Cyakora abaturage   bakavuga iyo mvugo ariyo bahora babwirwa buri gihe iyo babajije igihe bazahemberwa rimwe bakabona igice bagategereza andi bagaheba.

Mwumvaneza Alfred, ushinzwe irangamimerere na notariat mu murenge wa Bwiza, avuga ko gutinda  guhemba abaturage bakoze muri VUP, byatewe n’uko amafaranga agomba guturuka mu kigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA) ariko  akaba ataragera kuri konti kugirango babahembe.

Ati,” ndemera ko habaye gukererwa kwishyura abo baturage ariko ndabizeza  ko amafaranga  naramuka atugezeho  tuzahita  tubaha  amafaranga bakoreye .”

Imisozi yo mu Murenge wa Bwira ni miremire

Ku kibazo cy’abaturage bavuga ko  uku gukererwa kwishyurwa kandi amamfaranga 1000 bahabwa kuva saa moya za mu gitondo kugera saa cyenda z’umugoroba ari make cyane bakaba bifuza ko yakongerwa,

Mwumvaneza avuga ko ubuyobozi  badafite ubushobozi bwo kongera ayo mafaranga kuko agenwa ku rwego rw’igihugu.

Kagaba Emmanuel

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM