Abaturage b’Akarere ka Gatsibo . Umurenge wa Muhura, Akagari ka Gakorokombe, baravuga imyato ibyiza by’amasibo barimo mu midugudu yabo ko babasha kwikemurira ibibazo bafite batagombye kubishyikiriza abayobozi b’inzego z’akagari n’Umurenge.
Isibo iyoborwa n’umukuu w’umugudu
Amasibo ni uburyo abaturage mu midugudu bibumbira hamwe bakabasha kwikemurira ibibazo hagati yabo ndetse bakanakurikirana gahunda za leta muri ayo masibo.
Isibo igizwe n’ingo ziri hagati ya 15 kugeza kuri 20 aho isibo iba ifite abayobozi 3 barimo aho umwe aba ari intore yo ku mukondo (umuyobozi) undi akaba intore yo ku ruhembe rw’iburyo n’indi yo ku ruhembe rw’ibumoso (abayobozi bungirije) bakagira abajyanama 4, amasibo yose ari mu mudugudu ayoborwa n’umukuru w’umudugudu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gakorokombe, umurenge wa Muhura Muhura, Munezero Eugene, Akarere ka Gatsibo , ahamya ko amasibo yamufashije kwesa imihigo y’Akagari abereye umuyobozi aho abaturage bamaze gutanga ubwisungane mu kwivuza 103% mu mwaka w’ingengo y’imari 2016-2017.
Agira ati, “ ibi byose nabifashijwe no gushyira abaturage mu masibo bitandukanye n’umwaka wa 2015-2016 aho abaturage batanze ubwisungane mu kwivuza bagejeje ku kigereranyo cya 30%.”
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo , Gasana Richard, avuga ko abaturage bose b’Akarere, batangiye gushyirwa mu masibo akaba ari uburyo bwiza kandi bunoze umuturage azajya akemurirwa ikibazo cye kitabanje kudindira . Agira ati, “ni inzira gahunda za leta zizajya zinyuzwamo zirimo ubukangurambaga,Mutuelle de santé,umutekano n’ibindi bikorwa by’iterambere.”
Kagaba Emmanuel, umwezi.net

