Amakuru

Abafite Ubumuga Bukomatanyije Bitaweho Bagira Uruhare Mu Iterambere ry’igihugu

Mu kiganiro cyo kuwa 5 Kamena 2017, abafite ubumuga bukomatanyije bagiranye n’itangazamakuru, baratangaza ko igihe ari iki  ngo bahabwe uburenganzira bwabo  bagire uruhare mu iterambere ry’igihugu nk’abandi banyarwanda

Samuel Munana, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umuryango w’abafite ubumuga bwo kutumva mu Rwanda (RNUD), asaba  ko nk’ikigo gishinzwe uburezi mu Rwanda, REB cyatanga amahugurwa ku marenga yo mu ntoki, hagamijwe gufasha abafite ubumuga bukomatanyije.

Aragira ati “Turasaba Leta y’u Rwanda by’umwihariko ikigo REB gutangiza ishuri ryihariye ry’abafite ubumuga bukomatanyije kuko icyiciro cyabo gisa n’ikitazwi kuko kitajya cyibukwa.”

Akomeza avuga ko  icyo bifuza, ari uko   bafashwa kwigishwa ururimi rw’amarenga yo mu ntoki (gukoranaho) kuko rwihariye, dore ko mu Rwanda  hari abantu 30 gusa bamaze guhugurirwa ururimi rw’amarenga yo mu ntoki, akemeza ko  bakiri bake cyane.

Amarenga y’intoki akwiye kwigishwa abantu benshi ngo bafashe abafite ubumuga bukomatanyije

 Dr Betty Mukarwego(uri ibumoso)
Dr Betty Mukarwego ufite ubumuga bwo kutabona ariko akaba umwarimu muri kaminuza, unahagarariye abagore muri komite nyobozi y’ubumwe nyarwanda bw’abatavuga (RUB), avuga ko hageze ko abafite ubumuga bukomatanyije bagira icyo bikorera.

Aragira ati “Abafite ubundi bumuga butandukanye tuzi ko hari abiteje imbere, barize, bakora akazi  gatandukanye ndetse banayobora imishinga yabo.

Akomeza avuga ko abafite ubumuga bukomatanyije ubu ni bwo bagiye gushyiraho ihuriro ryabo, bamenyekane, bakore, bumve ko ari Abanyarwanda nk’abandi.

Mukandinda Mathilde, umubyeyi wo mu karere ka Gisagara ufite abana batatu bafite ubumuga bukomatanyije, avuga ko umukobwa we Naomi, yahagaritse kwiga nyuma yo guhuma kandi yari asanzwe atumva ntanavuge.

Uyu mubyeyi wabashije kumenya urwo rurimi, avuga ko abana bafite ubumuga bukomatanyije akenshi bahezwa, ariko ngo babashije kwigishwa ururimi bashoboye byabakura mu bwigunge bakagira icyo bigezaho.

Ururimi rw’amarenga yintoki

Amarenga y’intoki akwiye kwigishwa abantu bwnshi ngo bafashe abafite ubumuga bukomatanyije

abafite ubumuga bukomatanyije, avuga ko umukobwa we Naomi, yahagaritse kwiga nyuma yo guhuma kandi yari asanzwe atumva ntanavuge.

Uyu mubyeyi wabashije kumenya urwo rurimi, avuga ko abana bafite ubumuga bukomatanyije akenshi bahezwa, ariko ngo babashije kwigishwa ururimi bashoboye byabakura mu bwigunge bakagira icyo bigezaho.

Akomeza avuga ko abafite ubumuga bukomatanyije ubu ni bwo bagiye gushyiraho ihuriro ryabo, bamenyekane, bakore, bumve ko ari Abanyarwanda nk’abandi.

Mu Rwanda hari abafite ubumuga bukomatanyije 130 bamaze kumenyekana, ariko  hari abandi benshi bagihishwa n’ababyeyi babo kuko batabaha agaciro.

Naomi (Wambaye amataratara)
afite ubumuga bwo kutabona; kutumva; no kutavuga, afite abavandimwe babiri bafite ubumuga bukomatanyije. Uwo bari kumwe ni umubyeyi we

Carine Kayitesi

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM