Amakuru

Kirehe : ibiyobyabwenge bifite agaciro ka 9.705.000 Frw byatwitswe

Tariki ya 22 Kamena 2017, ubwo hizizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ibiyobyabwenge,wabereye    mu murenge wa Gahara, A kagari ka Rubimba ku rwego rw’igihugu hamenwe ibiyobwenge  ndetse hanatwikwa bimwe mu biyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda akabakaba muri Miliyoni 10.

Mu biyobyabwenge byafashwe bikaba byanatwitswe harimo ibiro 1200 by’urumogi byabarirwaga mu gaciro k’angana na 9.600.000 ndetse na Litiro 17 za Kanyanga zabarirwaga mu gaciro k’amafaranga 105.000 Frw.

Imifuka y’urumogi

Bamwe mu baturage bakoreshaga ibiyobyabwenge babiretse batanga  ubuhamya bw’uko bari baragizwe imbata yabyo  banaboneraho umwanya wo kugira inama bagenzi babo bakibyijanditsemo.

Maniragaba Etienne wo mu Murenge wa Mushikiri , avuga ko yari yarabaswe nabyo ariko akaba yarabiretse ubu akaba ameze neza.

Agira ati, “ndaburira bagenzi  bange  bakiri mu buyobe ko babireka maze bagafungura amaso bagashaka icyabateza imbere  kuko nta kintu na kimwe bageraho bakijanditse mu biyobyabwenge.”

Naho  Rutayisire Patrick, avuga ko umuntu ukoresha ibiyobyabwenge ntacyo yageraho ahubwo  ari ibyo kwangiza ubuzima no kwica iterambere ry’ubikoresha.

Abaturage n’inzego z’ubuyobozi bafatanyije

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Muzungu Gerald, yibutsa abaturage b’aka karere ububi n’ingaruka z’ibiyobyabwenge anavuga ko hakajijwe ingamba zo kubirwanya no kubikumira aho uzajya abifatirwamo azajya ahanwa by’intangarugero ku buryo n’ababitekereza bagomba gukuramo isomo rikomeye.

Akarere ka Kirehe gaherereye mu Burasirazuba bw’u Rwanda ni kamwe mu turere dukunze kugaragaramo ibiyobyabwenge bitandukanye aho ababicuruza ndetse n’ababikoresha badasiba kugaragaza ko babikura mu gihugu cya Tanzana.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

 

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM