Amakuru

Nyagatare : Abacuruzi barashima ko imipaka ibahuza na Uganda kuko yongereye umutekano w’ibyo bakora

Bamwe mu bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka,  barishimira ko kuba u Rwanda ruri mu muryango ubahuza n’Igihugu cya Uganda w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba(EAC) n’imipaka ibahuza n’iki gihugu byateje imbere ubucuruzi bwabo  n’umutekano wabo n’ibyabo ukiyongera .

Bagira bati, “ubu duca ku mupaka twemye bitandukanye n’uko mbere tutarabona imipaka nka  Kagitumba, Buziba muri Rwempasha , twitwaga  abafutuzi kuko twaakoraga ubucuruzi bwambukiranya imipaka ariko tugaca  inzira zitizewe bikatuviramo  kubura ibyacu  n’ibihombo bya hato na hato.”

Bakomeza bavuga ko  kugeza ubu bishimira  imibanire y’Igihugu cy’u Rwanda n’ibindi bihugu nk’ikimenyetso cy’imiyoborere myiza iri mu Rwanda ikaba iri mu byoroheje ubuhahirane n’abatuye mu bindi bihugu binateza imbere ubucuruzi bakora.

Mu karere ka Nyagatare, imirenge ya Matimba, Musheri,Karama, Tabagwe na Kiyombe ihana imbibi n’Igihugu cya Uganda naho iya Rwimiyaga na Matimba igahana imbibi n’Igihugu cya Tanzania,  byose biri mu muryango umwe n’u Rwanda uzwi nka  EAC (East African Community).

Umupaka wa Kagitumba

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare,Mupenzi George. Akangurira   abaturage kubyaza umusaruro aya mahirwe yo guturana n’ibindi bihugu kuko ari isoko ry’umurimo n’iry’ibyo bakora riba ryiyongereye.

Agira ati, “Ndakangurira abaturage kwitwararika umutekano w’abambuka mu bindi bihugu bihana imbibi n’Akarere  ka Nyagatare, hamwe n’ibyo batwarayo kuko iyo biciye ku mupaka uzwi n’umutekano wabo uba wizewe aho guca mu mazi cyangwa n’ahandi bashobora guhurira n’abagizi ba nabi.”

Kugeza ubu Umupaka wa Kagitumba n’uwa Buziba ikora iminsi yose hakaba hari na gahunda yo kubaka undi mupaka wa Kizinga mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/2018.

Kagaba Emmanuel,umwezi.net

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM