Amakuru

Muhanga amasengesho na gahunda za Leta biruzuzanya

Mu giterane cy’amasengesho  cyabereye kuri Stade ya Muhanga .  Depite Mukanyabyenda Emmanuelie , asaba  abitabiriye iki giterane  ko bagomba gusenga bakifatanya  no gukunda gahunda za Leta  kuko bigomba kugendana  bikatuba  mu buzima.

Agira ati, “ iki gikorwa iki gikorwa cyo gushima Imana  no kuyiragiza imishinga  dufite nk’abanyarwanda, amasengesho agomba guherekeza  gahunda  Leta  ishyiriraho abaturage  bityo ibikorwa byacu tukabiragiza  Imana niyo musumba byose  bityo gahunda zacu  tuzikore  ariko tuziragiza umukiza wacu”

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga  UWAMARIYA Beatrice, ashimira  abaturage  ba Muhanga  uko bitabira gahunda bashyirirwaho  na Leta kuko ziba zigomba kubageza ku byiza bibateza imbere  anabizeza ko  nibamwifuza  azabitaba mu gihe bizaba biteza imbere abanyarwanda  n’abatuye aka Karere n’Igihugu muri Rusange

Mu nyigisho zose zigishijwe  zaganishaga uko u Rwanda rwabayeho  ndetse n’uko rukwiye kubaho  ruyobowe n’ubuyobozi bwiza  buherekejwe  n’amasengesho  ngo ibi byabaye ntibizongere  kubaho  bityo Abanyarwanda batuze batunganirwe.

Kagaba Emmanuel

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM