Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Buzima, OMS ryemeje ikoreshwa ry’inzitiramubu zikoranye umuti mushya wo mu bwoko bwa chlorfénapyr, bikaba ari ubwa mbere umuti nk’uwo wemejwe kuva mu myaka 30 ishize.
Iri shami rya Loni, rivuga ko izi nzitiramubu zakozwe n’uruganda rukomeye rw’imiti rwo mu Budage, BASF SE, zemejwe nyuma y’ubushakashatsi bwari bumaze igihe bukorerwa gihugu cya Bénin, Burkina Faso, Tanzania na Côte d’Ivoire, bwerekanye ko izo nzitiramubu ziswe Interceptor® G2 zihangara cyane imibu yari imaze gukuza ubudahangarwa ku miti yica udukoko imaze igihe ikoreshwa yo mu bwoko bwa pyréthrinoïde.
Izi nzitiramubu zakozwe ku bufatanye n’ikigo gikora ubushakashatsi ku miti Innovative Vector Control Consortium (IVCC) na London School of Hygiene & Tropical Medicine.
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya tekiniki muri IVCC, Dave Malone,avuga ko ubwo bufatanye bwatumye bakora umuti wifashishwa mu buzima bw’abantu kandi ugahangara imibu itari ikicwa n’imiti isanzwe.
OMS kandi ubu iragenzura n’umuti ushobora guterwa mu nzu wa Sylando® 240SC nawo ukozwe hashingiwe ku binyabutabire bya chlorfénapyr, ubushakashatsi bukaba bwarerekanye ko ushobora gukoreshwa.
Prof. Hilary Ranson wo mu ishuri ry’ubuvuzi rya London mu Bwongereza, avuga ko ikibazo cyo kwihagararaho k’udukoko ku miti itandukanye gikwiye kwitonderwa cyane.
A gira ati ,”Mu bihugu bimwe na bimwe imibu yagiye izamura ubudahangarwa bwayo ku mitiinshuro 1000. Kandi bifata imyaka kugira ngo umuti mushya ubashe kugaragara ku isoko. Kugenda hahangwa ibisubizo bishya rero ni ibintu byihutirwa.”
Nyuma yo guhabwa uburenganzira na OMS, umuyobozi ushinzwe ubuzima muri BASF, Egon Weinmueller, yavuze ko bagiye kumurika Interceptor® G2 nk’umuti ukoreshwa mu kwirinda malaria, ku buryo Minisiteri z’ubuzima n’indi miryango ibishinzwe bazatangira kuzibona ku isoko mu mpera za 2017.
OMS igaragaza ko nibura buri minota ibiri umwana aba yishwe na malaria ku Isi, iyo ndwara ikaba yibasira abantu miliyoni 200 buri mwaka.
Gukoresha inzitiramubu n’imiti iterwa mu nzu yica imibu ni bwo buryo nyabwo bwo kwirinda iyo ndwara ikwirakwizwa n’umubu, ariko ibihugu bisaga 60 byamaze kugaragaza ko hari imibu myinshi itakicwa n’imiti ikoreshwa ubu.
Kagaba Emmanuel,umwezi.net

