Amakuru

Gatsibo : Ibikorwa byinshi bigerwaho ku bufatanye n’abaturage

Mu rwego rwo kwimakaza imiyoborere myiza, Akarare ka Gatsibo kagaragaraza ko ibikorwa bigerwaho  ku bufatanye n’abafatanyabikorwa  n’abaturage bako.

Mu kiganiro ubuyobozi bw’Akarre ka Gatsibo bwagiranye n’abanyamakuru,  Ubuyobozi bw’Akarere ka  Gatsibo, bugaragaza bimwe mu bikorwa by’ingenzi byagezweho bigahindura ubuzima bw’abaturage n’imbogamizi zagaragaye  kugirango zirusheho kuvugutirwa umuti urambye mu rugamba rw’iterambere.

Gasana Richard, Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard avuga ko ibikorwa byinshi byagezweho ku bufatanye bw’abaturage , abajyanama, abafatanyabikorwa mu iterambere ku rwego rw’akarere, agasaba abaturage n’abafatanyabikorwa gikomeza gukorera hamwe.

Agira ati, “Ibyagezweho  mu mihigo ni ukubera uruhare ntagereranywa rw’abaturage, abakozi b’akarere n’abafatanyabikorwa bagaragaje , turabibashimira kandi tubibutsa ko  iterambere ry’igihugu rishigiye ku muturage, dukwiriye kongera ingufu zihagije mu mihigo  kugirango twubake u Rwanda twifuza.”

Akomeza avuga ko abaturage bafite uruhare runini mu gushyira mu bikorwa imihigo, akaboneraho gusaba abashoramari gukomeza gushora imari yabo mu Karere ka Gatsibo  kuko gafite umwihariko wo kuba gateye neza.

Meya Gasana Richard, yongeraho ko mu  gukora ibi bikorwa, ubuyobozi bwifatanya n’abaturage nk’abagenerwabikorwa kandi mu  gukemura ibibazo abaturage bakabigiramo uruhare rugaragara..

Umuyobozi  w’Akarere ka Gatsibo, yemeza ko  ko bazakomeza gushishikariza abaturage gukunda umurimo kugirango bakomeze kwikura mu bukene bagakora bashishakaye, bakitabira gahunda za Leta uko bikwiye bagacunga umutekano kandi bakirinda ibiyobyabwenge  hashyizwe ingufu mu kubirwanya kandi uzabifatirwamo azajya ahanwa by’intangarugero.

Agira ati, “Gukora abantu bafite umutekano niyo soko y’ terambere tugenda tugeraho,tugasanga umutekano ukwiye gusigasirwa mu buryo bwihariye  gutyo Akarere kakaba kariyemeje gufatanya n’abaturage muri gahunda z’imiyoborere myiza umutekano ukabungwabungwa uko bikwiye.”

Kagaba Emmanuel,umwezi.net

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM