Amakuru

Nyaruguru : Urubyiruko rwafashe iya mbere mu kurwanya ibiyobyabwenge

Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyaruguru rwafashe iya mbere mu kurwanya ibiyobyabwenge kuko  ari nyirabayaza w’ibyaha  n’indwara zitandukanye  bizahaza iterambere

Ibi uru rwabitangaje  mu bukangurambaga rwahuje  ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru  ,inzego z’umutekano n’urubyiruko  rutandukanye rwibumbiye  mu muryango Urwejo Rwiza Family hagamijwe kurushishishiskariza gukumira ibiyobyabwenge no gutunga agatoki aho byagaragara.

Umuhuzabikorwa w’Urwejo Rwiza Family, Nshimiyimana Valens, avugako  n’urubyiruko biyemeje guhagurukira gahunda yo kurwanya ibiyobyabwenge bafashishije kwimakaza ibikorwa bigamije  kwigisha indangagaciro no kuzamura impano zitandunkanye.

Agir ati” Twiyemeje kuba intangarugero mu kurwanya ibiyobyabwe cyane cyane mu rubyiruko   tubinyujije mu kwigisha umuco  nyarwanda ,indangagaciro no kuzamura impano zigaragara mu rubyiruko,”

Agira ati” Dusanzwe dutanga umusanzu wacu ,mu kurwanya ibiyobyabwenge arko twabihagurukiye kuko ntitwifuza ko hagira urubyiruko bagenzi bacu bakwishora mu kunywa ibiyobyabwenge. Twe dushishikajwe no  gukangurira bagenzi bacu kwirinda ibiyobyabwenge ahubwo bakitabira ibikorwa bibateza imbere n’igihugu muri rusange,”

Uru rubyiruko kandi rwijeje ubuyobozi ko rugiye gukoresha imbaraga zidasanzwe rutanga amakuru ku hagaragagara ibiyobyabwenge.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, ashima ururbyiruko kubera ibikorwa by’iterambere rugaragza ariko anarusaba gufata iyambere mu kurwanya ibiyobyabwenge kuko byangiza ubuzima bw’abaturage.

Agira  ati” Turabasaba kubera urumuri  bagenzi banyu mu kabigisha ububi bw’ibibyobywbwenge kugira ngo  babyirinde kuko ntawe ukoresha ibiyobyabwenge ushobora gutezwa imbere n’impano  afite.Murasabwa rero guharanira ubuzima buzira umuze  kandi mugatanga amakuru ku gihe kugira ngo abakoresha ibiyobyabwenge bashyikirizwe ubuyobozi,”

Mu rwego rwo guhangan n’icuruzwa ry’ibiyobyabwebwe Akarere ka Nyaruguru gashishishikariza abacuruzi  gucuruza ibinyobwa  byujuje ubuziranenge  bwemejwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge ndetse no gukora ubukangurambaga   ku byiciro by’abaturage bitandukanye.

Kagaba Emmanuel,umwezi.net

.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM