Bimenyimana Jérémie
Mu gihe mu zindi shampiyona nk’iy’ubu Faransa abafana batangiye kugaruka ku bibuga, mu Bwongereza ho, biracyari kure nk’ukwezi, kubera icyorezo cya Covid-19
Ikipe hafi ya zose, zatangazaga ko kuva kuwa 01 Ukwakira, abafana bazatangira kugaruka kuri Stade.
Ibyo rero ntibigikunze kuko kuri uyu wa 22 Nzeri, Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu Johnson Boris yashyize ho amabwiriza mashya yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Muri ayo mabwiriza mashya, hari mo umukwabu utangira saa yine z’ijoro, kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo guhera kuwa 24 Nzeri, ku hantu hahurira abantu benshi, za café na restaurants
Andi mabwiriza azatangira gukurikizwa kuwa 28 Nzeri.
Abataha ubukwe ntibagomba kurenga 15
Abitabira imihango yo gushyingura ntibagomba kurenga 30.
Kwinjira ku bibuga by’imikino birabujijwe ku bantu bose.U Bwongeza bufite abantu 403 551 barwaye Covid-19, naho 41825 bamaze guhitanwa nayo.
Aya mabwiriza ashyizweho, bitewe n’ubwiyongere bw’abantu bandura, kuko abarenga 4300 banduye kuwa 21 Nzeri.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza, rirasaba Guverinoma y’icyo gihugu, gufasha ikipe, kuko gukina nta bafana bitazoroheye.
