Uncategorized

Ntongwe : Abakoze muri VUP barinubira gutinda guhembwa

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ntongwe,Akarere ka Ruhango, bakora muri gahunda ya VUP, baravuga ko bakora ariko igihe cyo guhembwa cyagera ntibabone amafaranga bakoreye  bigatuma bubugariza.

Aba baturage bavuga ko   bajya gutangira akazi,ubuyobozi bw’Umurenge bwari bwasezeranyije ko bazajya bahembwa nyuma y’iminsi 15 (quinzaine)ariko  batungurwa no guhembwa batinze  inshuro ebyiri gusa.

Niyodusenga Espérance  wo   mu Kagali  ka  Gahabwa,  avuga ko   bakoraariko ababayobora (Kapita) ko bakora amalisiti yo kubahemba  barangizabakavuga ko  amalisiti yapfuye bakongera bakayasubiramo bakaguma muri ibyo.

Nemeyimana Bosco, E.S, Ntongwe

Agira ati,“Abandi barahinga basarura bakishyura mituweli, bakishyura ishuriry’abana ariko twe  abakoreye VUP  tukabura uko tubigenza tukabwirirwakandi mu rugo bazi twakoze ”

Kariwabo   Ernest,   nawe   utuye   muri   uyu  murenge,   avuga   ko   bagitangiragukora   bababwiraga   ko   bazajya   bahembwa   nyuma   y’iminsi     15   .

Ati,“Guhera mu kwezi kwa 1  twahembwe inshuro ebyiri, kugeza ubwo abantubacika     intege   mu   bakozi   200   hakaza   100   gusa,   bagakomeza   kuduhaicyizere. Baturimo ama “quinzaine” arenga atafu   ariko ntibaduhemba kuburyo byaduteje ubukene n’inzara kugeza  n’aho tubura aya miitueli kandiigihe kiriho kiraturengana.”

Aba   baturage   bakomeza   bavuga   ko   bakorera   amafaranga   1200   ku munsi,iyo bagiye guhembwa nayo ntibayabona yuzuye kuko Sacco ibakataamafaranga 300 bita ay’ikaramu.Ikibazo kirazwi kandi kirahangayikishije

Umunyamabanga   Nshingwabikorwa   w’Umurenge   wa   Ntongwe,Nemeyimana Bosco, avuga ko   kuba abaturage bahawe akazi muri VUPbatishyurwa ku  gihe bizwi kandi bihangayikishije ubuyobozi.

Agira ati , “iki kibazo kirazwi ariko amafaranga y’abaturage bakoeye muriVup nayo abazwi ahubwo biterwa n’inzira anyuramo. Iyo umuturage atariyenatwe   nk’abayobozi   ntabwo   dusinzira.   Ndabizeza   ko   turiho   dushaka igisubizo kirambye kugirango bijye byihutishwa byoye gutinda gusa  natwe tuyasaba   mu   nzego   z’ibishinzwe,   turiho   turakora   ubuvugizi     kugirangobajye babyihutisha  kugirango abakoreye VUP bahemberwe igihe.”

Akomeza avuga ko amafaranga 300 bakata aba baturage kuri Sacco iyo bagiye   guhembwa   ajyanye   n’igikorwa   kiba   cyakozwe   atari   ay’ikaramu nk’uko abaturage babivuga.

Nubwo   bimeze   bityo,   ubushakashatsi   tsi   bwakozwe   n’ikigo   cy’igihugucy’ibarurishamibare, bugaragaza ko  ubukene bukabije kuba bubi mucyaro aho mu ntara y;Amajyepfo bugeze kuri   12,9 % mu gihe mu Karere ka Ruhango ari12,8 % naho mu gihugu hose bukaba 18 %.

Umuyobozi   w’Akarere   ka Ruhango,   Mbabazi   F.Xavier,   avuga   ko amafaranga atinda kugera ku baturage  rimwe na rimwe bitewe n’impamvu z’ibiba bikorwa kugirango abagereho.

Agira     ati,   natwe   nk’ubuyobozi   ntidushimishwa   no   gutindira   abaturage guhembwa   ariko turiho   turakora ubuvugizi kugirango amafaranga ajye yihutishwa kugirango abafashe mu byo baba bakeneye kwikorera.”

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM